p1010656
Abakozi ba FTA Rwanda
 
 
Turi bande
Murakaza neza ku rubuga rw´umuryango udaharanira inyungu "Foundation Together in Action Rwanda". Uyu muryango uterwa inkunga n´umuryango "Stichting Samen in Actie Nederland", umwe mu miryango igize Diyasipora Nyarwanga mu gihugu cy'Ubuholandi.
  

Intego yacu ni ugushyigikira iterambere ry'u Rwanda tubinyujije mu mishinga inyuranye yo kurwanya ubukene, amazi meza mu cyaro, iterambere ry'abategarugori, ishomari, ikoranabuhanga, ihererekanyabumenyi binyujijwe mu mahugurwa cyangwa mu ishoramari. Dushishikariza iterambere dushyira imbere ukwikorera ku giti cy'umuntu, uburinganire bw'ibitsina n' ubwubahane.

 

Ibyo umuryango ugamije

  • Gukwirakwiza amazi meza mu gihugu no kurwanya ubukene;
  • Guhererekanya ubuhanga n’ubumenyi bw’abagize Diaspora mu gihugu cyacu;
  • Guteza imbere ibintu bikorerwa iwacu no kubishakira amasoko hanze y’igihugu;
  • Gushishikariza abashoramari bo hanze gushora imari mu gihugu cy’u Rwanda;
  • Guteza imbere ubukerarugendo dushishikariza abanyamahanga gusura igihugu cyacu;
  • Gukangurira abanyarwanda baba hanze y’igihugu gukunda igihugu cyacu no kugiteza imbere;
  • Ibindi bikorwa bigamije imibereho myiza y’abaturage n’iterambere ry’igihugu.
  •  

     

     

     

    Dushyire hamwe mu kurwanya ubukene iwacu